• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media Shop
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media Shop
No Result
View All Result
Home Amakuru

Umutegetsi ukomeye yatangaje umugambi wo kwica Perezida Tshisekedi

Umwe mu bayobozi bakomeye muri guverinoma ya Perezida Félix Tshisekedi mu Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Jean Pierre Bemba Gombo, yavuze ko hari umugambi wo kwivugana umukuru w’igihugu uri gutegurwa n’abarimo abayobozi b’amadini.

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
June 12, 2025
in Amakuru
0
Umutegetsi ukomeye yatangaje umugambi wo kwica Perezida Tshisekedi
0
SHARES
1
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Umwe mu bayobozi bakomeye muri guverinoma ya Perezida Félix Tshisekedi mu Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Jean Pierre Bemba Gombo, yavuze ko hari umugambi wo kwivugana umukuru w’igihugu uri gutegurwa n’abarimo abayobozi b’amadini.

Minisitiri Bemba, uyobora Minisiteri y’Ubwikorezi n’Itumanaho akaba na Visi Minisitiri w’Intebe, yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Top-Congo FM.

Yavuze ko uwo mugambi w’ubugizi bwa nabi urimo gucurwa n’uwahoze ari Perezida Joseph Kabila Kabange, umunyapolitiki Moïse Katumbi ndetse n’abagize Inama Nkuru y’Amatorero muri RDC, izwi nka CENCO.

Bemba, wahoze ari Minisitiri w’Ingabo, yavuze ko afite ibimenyetso bihagije bigaragaza ko hari igikorwa cyo gutegura igitero kigamije guhirika ubutegetsi no kwica Perezida Tshisekedi.

Yagize ati: “Aya makuru nshobora kuyabahamiriza. Ndashinja Hyppolite Kanambe, ari we Joseph Kabila, Katumbi Moïse, ndetse na bamwe mu bayobozi bakuriye CENCO kuba barimo gucura umugambi wo gukuraho ubutegetsi buriho no kwivugana Perezida Félix Tshisekedi.”

Bemba yakomeje agaragaza impungenge zishingiye ku myitwarire ya bamwe muri aba bavugwaho kuba inyuma y’uwo mugambi, anagaragaza ibikorwa byabo byo kwiyegereza ingabo.

Ati: “Amashusho mwarayabonye ubwo Kabila yageraga i Goma, yabanje gusura ikigo cya gisirikare kiri i Rumangabo. Kabila ni umuntu w’intambara kuva igihe yakuraho Mobutu. Ntibumva ko igihugu ari icy’Abanyekongo bose.”

Bemba yanakajije amagambo, ashinja Kabila kuba intasi y’u Rwanda muri Congo.

Yagize ati: “DRC ntizaba ubukoloni, kandi abayituye ntibazaba imbata z’ubutegetsi bw’u Rwanda. Hyppolite Kanambe ni intumwa isigaye ya Leta y’u Rwanda muri RDC, iyobowe na Kagame. Kugaruka kwe mu kibuga ni kubera ubukene, nk’uko umugaba w’ikirenga yabimubwiye.”

Minisitiri Bemba yanatangaje ko Kabila, Katumbi na bamwe muri CENCO bashishikariza abaturage kwanga ubutegetsi buriho binyuze mu makuru atariyo.

Umutegetsi ukomeye yatangaje umugambi wo kwica Perezida Tshisekedi

Yavuze ko bamwe mu bantu bashyirwa imbere muri uwo mugambi ari abahoze ari Perezida b’Inteko Ishinga Amategeko, abanyamabanga bakuru b’ishyaka rya PPRD ndetse n’abahoze ari abayobozi ba za cabinet.

Yasoje ahamagarira Abanye-Congo kuba maso no kudahwema kurwanya uwo mugambi. Ati: “CENCO nshinja gutegura ibiganiro bigamije guhirika ubutegetsi no kugambanira Perezida. Ibi biganiro ntibifite inyungu rusange. Dukeneye ubwitonzi.”

Yibukije ko ubwo yari Minisitiri w’Ingabo, Katumbi yari yaragerageje gukorana n’Abarusiya ngo ahirikire Tshisekedi, ariko bigapfuba. Bityo avuga ko Katumbi agishaka kugera ku ntebe y’ubutegetsi uko byagenda kose.

ADVERTISEMENT
Previous Post

Abaturage bo mu Kagari ka Bwerankori na Kigarama baratakira Leta ko yabubakira ruhurura n’ikiraro bikomeye

Next Post

Bamwe mu bapolisi ba Uvira baribafashwe na Wazalendo uko byabagendekeye

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Next Post
Bamwe mu bapolisi ba Uvira baribafashwe na Wazalendo uko byabagendekeye

Bamwe mu bapolisi ba Uvira baribafashwe na Wazalendo uko byabagendekeye

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

March 27, 2025
Semuhungu Eric yirukanye General Benda muri Crue ye yaba Traffic Jam

Semuhungu Eric yirukanye General Benda muri Crue ye yaba Traffic Jam

January 31, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
Amato abiri yarohamiye mu kiyaga cya Tumba, 32 bahasiga ubuzima

Amato abiri yarohamiye mu kiyaga cya Tumba, 32 bahasiga ubuzima

June 13, 2025
Ingabo za Leta za RDC zasatiriye agace ka Rugezi mu gitero

Ingabo za Leta za RDC zasatiriye agace ka Rugezi mu gitero

June 13, 2025
France Football ishobora kongera gutanga Super Ballon d’Or

France Football ishobora kongera gutanga Super Ballon d’Or

June 13, 2025
Indege ihindutse igicaniro cy’abantu 242: Umuyaga w’urupfu mu kirere cy’u Buhinde.

Indege ihindutse igicaniro cy’abantu 242: Umuyaga w’urupfu mu kirere cy’u Buhinde.

June 12, 2025

Recent News

Amato abiri yarohamiye mu kiyaga cya Tumba, 32 bahasiga ubuzima

Amato abiri yarohamiye mu kiyaga cya Tumba, 32 bahasiga ubuzima

June 13, 2025
Ingabo za Leta za RDC zasatiriye agace ka Rugezi mu gitero

Ingabo za Leta za RDC zasatiriye agace ka Rugezi mu gitero

June 13, 2025
France Football ishobora kongera gutanga Super Ballon d’Or

France Football ishobora kongera gutanga Super Ballon d’Or

June 13, 2025
Indege ihindutse igicaniro cy’abantu 242: Umuyaga w’urupfu mu kirere cy’u Buhinde.

Indege ihindutse igicaniro cy’abantu 242: Umuyaga w’urupfu mu kirere cy’u Buhinde.

June 12, 2025
ADVERTISEMENT
Kasuku Media Shop

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

Amato abiri yarohamiye mu kiyaga cya Tumba, 32 bahasiga ubuzima

Amato abiri yarohamiye mu kiyaga cya Tumba, 32 bahasiga ubuzima

June 13, 2025
Ingabo za Leta za RDC zasatiriye agace ka Rugezi mu gitero

Ingabo za Leta za RDC zasatiriye agace ka Rugezi mu gitero

June 13, 2025
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com