Umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Kinshasa kandi ubarizwa mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC), watangije operasiyo idasanzwe igamije gusenya ibirindiro byโingabo za Leta ya Congo ndetse nโahakekwa ko hahishe abarwanyi ba FDLR na Wazalendo.
Kasuku Media yamenye ko iyi operasiyo yatangiye ku wa Mbere, tariki ya 14 Mata 2025, mu duce twegereye cyane Pariki yโIgihugu ya Virunga, hafi yโUmujyi wa Goma.
M23 ntiri gukora gusa ibitero ku ngabo za Leta ya Congo, ahubwo inakora umukwabo mu bice bikekwa kuba bihishemo abarwanyi ba FDLR ndetse nโabo muri Wazalendo.
Amakuru agera kuri Kasuku Media avuga ko ibice byibasiwe birimo agace ka Mutaho ko muri Grupema ya Kibati, mu Ntara ya Nyiragongo, ndetse na Rusayo.

Aka gace kazwiho kuba indiri ya FDLR, umutwe wiganjemo abasize bahekuye u Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse unazwiho kurwanya ubutegetsi bwโu Rwanda.
Bivugwa ko mu bikorwa byโuyu mukwabo, M23 yashoboye gusenya inzu zakorerwagamo ibikorwa nโiyo mitwe yombi.
Iyi operasiyo M23 iyitangije nyuma yโigihe gito imitwe yitwaje intwaro ikorana nโingabo za Leta ya Congo yagabye ibitero ku duce dufatwa na M23, cyane cyane mu nkengero zโUmujyi wa Goma. Harimo nโigitero cyagabwe mu ma Quartier ya Kyeshero no mu tundi duce twegeranye.