• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Imyidagaduro

Coach Gael nawe yaba agiye gukuramo ake karenge mu muziki?

Nyuma yo gushora akayabo mu gufasha abahanzi nyarwanda, Coach Gael yagaragaje ibimenyetso by’uko ashobora kuba ageze aho areka uru ruganda rwamuhombeje, nk’uko n’abandi bamubanjirije byabagendekeye.

PRINCE WAZIEL by PRINCE WAZIEL
April 21, 2025
in Imyidagaduro
0
Coach Gael nawe yaba agiye gukuramo ake karenge mu muziki?
0
SHARES
22
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT
Coach Gael nawe yaba amaze gucika intege?

Nyuma y’imyaka mike cyane mu ruganda rw’imyidagaduro, byumvikanye ko Coach Gael ashobora kuba ageze aho arambirwa no gukomeza gushora amafaranga ye mu gufasha abandi badahita bamugarurira inyungu. Ni ubutumwa yashyize hanze abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yagaragaje agahinda n’ukwicuza avuga ko yirengagije inyungu ze bwite igihe kirekire.

Mu magambo yuje amarangamutima, Coach Gael yagize ati:
“Nakoresheje amafaranga menshi, nafashije abantu benshi ngira impuhwe nyinshi ntakeneye ibingarukira. Ubu noneho ni igihe cyanjye cyo kwirebaho.”

Ibi byahise byumvwa nk’impuruza kuri benshi, bagaragaza ko na we ashobora kuba agiye mu murongo w’abandi benshi bamaze gucika intege mu ishoramari rishingiye ku muziki. Benshi bahita bibuka uburyo abatangiye mbere ye nka Bad Rama, Mutangana Richard, Richard Nsengumuremyi n’abandi bagiye bacika intege nyuma yo gushora akayabo mu muziki wo mu Rwanda.

Urugendo rwa Coach Gael mu muziki

Karomba Gael “Coach Gael”

Karomba Gael, uzwi cyane nka Coach Gael, yamenyekanye cyane mu 2022, ubwo hacicikanaga amakuru ko The Ben yabonye umushoramari mushya. Ariko ibyo byahise bivaho vuba, urukundo rwabo rwa muzika ruhinduka intambara y’ubucuti bwahindutse uburakari.

Icyemezo yafashe cyo kuva kuri The Ben akajya gushora imari kuri Bruce Melodie cyahindutse intandaro y’intambara y’ubucuruzi, ibintu byarushijeho gushyuha no mu itangazamakuru. Aho haje gukurikirwa n’uko ashyiraho studio ye bwite yitwa 1:55AM, isanzwe yakorerwagamo na Producer Element—n’ubwo bivugwa ko nawe yahoze yayivamo gahoro gahoro.

Coach Gael yagiye akorana n’abahanzi batandukanye barimo Bruce Melodie, Ross Kana na Kenny Sol. Yafashije benshi mu buryo butaziguye, ku buryo bamwe bamwita “umukire umwe mu gace k’abakene.” Ariko se yaba ageze aho yumva ko adakwiye gukomeza gutakaza akayabo mu ruganda rutamuha inyungu zihuse?

Abaruhariwe bamubanjirije nabo ntibabashije kurenga iyo ntera

Coach Gael ntabwo yaba ari uwa mbere ugeze aho acika intege. Hari abandi bamubanjirije kandi bose bafite amateka agaragaza uko bagiye bihina bakabivamo.

Bad Rama – The Mane Music

Bad Ram

Bad Rama ni umwe mu bashoramari babiciye bigacika, ariko nawe yigeze gutangaza ko yaguze akayabo karenga ibihumbi 300 by’amadolari mu muziki (asaga miliyoni 400 Frw). Yafashije abahanzi nka Safi Madiba, Marina, Queen Cha n’abandi, ariko ibikorwa bye byagiye bigabanuka gahoro gahoro ku buryo ubu atagikora nk’uko byari bimeze.

Mutangana Richard – Kiwundo Entertainment

Mutangana Richard

Yatangije Kiwundo Entertainment igakorera muri Uganda mbere y’uko iza mu Rwanda mu 2017. Yagiranye imikoranire n’abahanzi barimo Diplomate, Spax, Umutoni Milly ndetse na Miss Erica (uherutse kwitaba Imana). Nubwo yari afite intego nyinshi, birangiye Kiwundo itakaje umurongo, nta n’umuhanzi uzwi yasinyishije nyuma y’igihe gito.

Richard Nsengumuremyi – Super Level

Richard Nsengumuremyi

Yari nyiri Super Level, imwe mu nzu zamenyekanye cyane mu 2013. Yakoranaga na Urban Boyz, Bruce Melodie, Fireman n’abandi. Nyuma y’akajagari karimo no kujya mu nkiko na Bruce Melodie, ibikorwa byayo byararangiye burundu mu 2016. Richard nawe birangiye asezeye ku muziki atabivuze mu magambo, ariko ibikorwa bikabyivugira.

Theodomir Mutesa – Touch Records

Theodomir Mutesa

Yatangije Touch Records mu 2014, ikaba yari imwe mu nzu zikomeye zifasha abahanzi mu Rwanda. Yari ifite studio z’amajwi n’amashusho, ndetse na Website. Yanyuzemo abahanzi nka Jay Polly, Bulldogg, Diplomate, n’abandi. Ariko ibibazo byatewe n’abo yari yarazanye mu kazi birimo abavandimwe be, byatumye ibintu byose bisenyuka.

Ese ikibazo kiri he? Ni abashoramari cyangwa ni umuziki?

Ubushoramari mu myidagaduro mu Rwanda buracyafite imbogamizi. Nubwo hari abatinyuka kubugerageza, benshi babuvamo kubera:

  • Kwitega inyungu zihuse: Abenshi bashora amafaranga biteze kuyasubirana mu gihe gito, nyamara umuziki ubusanzwe usaba igihe, umwete n’imikoranire ihamye.
  • Kwitiranya umuziki no kwimenyekanisha: Hari abashora atari uko bashaka kunguka ahubwo bashaka kuba “bazwi”, ariko iyo iyo ntego igeze ho igasohora, ntibaba bagifite inyota yo gukomeza.
  • Icyenewabo n’ubumenyi buke: Benshi bagira amakosa yo guha inshingano inshuti n’abavandimwe batabifitiye ubushobozi.
  • Ubugambanyi: Hari abavuga ko hari abayobozi b’imiziki, abanyamakuru, abajyanama n’abandi bafasha abashoramari mu buryo butari bwiza, bakabashuka cyangwa bakabacucura.

Icyo bivuze kuri Coach Gael

 

Niba koko ibyo yatangaje ari byo, bivuze ko agiye kwibanda ku bindi bikorwa bifite inyungu zihuse. Si ibintu byamutungura wenyine, ahubwo bishushanya uko uru ruganda rugoye kurugumamo udafite urwego ruhagije rw’imiyoborere, ubumenyi n’umurongo w’igihe kirekire.

Umuziki ni ishoramari risaba kwihangana, kumenya abo ukorana nabo, no gusobanukirwa n’imiterere y’uru ruganda rw’imyidagaduro. Niba Coach Gael agiye guhagarika ishoramari, yaba akurikije inzira y’abandi benshi babanje.

 

ADVERTISEMENT
Previous Post

Impamvu umugabo ashobora kureka kugusoma: Si urukundo rwashize

Next Post

Manchester United iyoboye amakipe mu rugamba rwo gushaka Matheus Cunha wa Wolves

PRINCE WAZIEL

PRINCE WAZIEL

Next Post
Manchester United iyoboye amakipe mu rugamba rwo gushaka Matheus Cunha wa Wolves

Manchester United iyoboye amakipe mu rugamba rwo gushaka Matheus Cunha wa Wolves

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

June 10, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

March 27, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
“Umugabo arigira ntarindira urupfu rwa Real”, Modrić yerekeje muri AC Milan!

“Umugabo arigira ntarindira urupfu rwa Real”, Modrić yerekeje muri AC Milan!

June 25, 2025
Abasirikare b’u Burundi bavuye Bibogobogo berekeza i Baraka

Inka zibarirwa muri mirongo z’Umunyamulenge, zanyazwe zigurishwa kuri make make

June 25, 2025
Abasirikare b’u Burundi bavuye Bibogobogo berekeza i Baraka

Abasirikare b’u Burundi bavuye Bibogobogo berekeza i Baraka

June 25, 2025
Barcelona yemeye gusinyisha Roony Bardghji mu masezerano yihariye

Barcelona yemeye gusinyisha Roony Bardghji mu masezerano yihariye

June 24, 2025

Recent News

“Umugabo arigira ntarindira urupfu rwa Real”, Modrić yerekeje muri AC Milan!

“Umugabo arigira ntarindira urupfu rwa Real”, Modrić yerekeje muri AC Milan!

June 25, 2025
Abasirikare b’u Burundi bavuye Bibogobogo berekeza i Baraka

Inka zibarirwa muri mirongo z’Umunyamulenge, zanyazwe zigurishwa kuri make make

June 25, 2025
Abasirikare b’u Burundi bavuye Bibogobogo berekeza i Baraka

Abasirikare b’u Burundi bavuye Bibogobogo berekeza i Baraka

June 25, 2025
Barcelona yemeye gusinyisha Roony Bardghji mu masezerano yihariye

Barcelona yemeye gusinyisha Roony Bardghji mu masezerano yihariye

June 24, 2025
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

“Umugabo arigira ntarindira urupfu rwa Real”, Modrić yerekeje muri AC Milan!

“Umugabo arigira ntarindira urupfu rwa Real”, Modrić yerekeje muri AC Milan!

June 25, 2025
Abasirikare b’u Burundi bavuye Bibogobogo berekeza i Baraka

Inka zibarirwa muri mirongo z’Umunyamulenge, zanyazwe zigurishwa kuri make make

June 25, 2025
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com