• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Amakuru

Ghana yemeje ivugurura ry’Itegeko Nshinga: Aho manda ya Perezida ishobora kuba imyaka itanu

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
July 31, 2026
in Amakuru, Politike
0
Ghana yemeje ivugurura ry’Itegeko Nshinga: Aho manda ya Perezida ishobora kuba imyaka itanu
0
SHARES
0
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Guverinoma ya Ghana yemeje bimwe mu byifuzo bigamije kuvugurura Itegeko Nshinga ryo mu 1992, birimo kongera igihe Perezida amara ku butegetsi kikava ku myaka ine kikagera kuri itanu, ndetse no kugabanya imyaka ntarengwa isabwa ushaka kwiyamamariza uwo mwanya ikava kuri 40 ikagera kuri 35.

Aya mavugurura yatangajwe na Minisitiri w’Ubutabera, Dominic Ayine, nyuma y’uko Guverinoma isuzumye raporo yakozwe na komisiyo yashyizweho na Perezida John Dramani Mahama mu mwaka ushize. Iyo komisiyo yari ifite inshingano zo gusuzuma uburyo Itegeko Nshinga ryavugururwa hagamijwe kunoza imiyoborere no guteza imbere imikorere y’inzego za Leta.

Nk’uko Minisitiri Ayine yabitangaje, kongera igihe cya manda ya Perezida bizafasha ubuyobozi kubona umwanya uhagije wo gushyira mu bikorwa gahunda zabwo, kuko igihe kinini cyatakiraga mu guhererekanya ubutegetsi no mu myiteguro y’amatora.

Muri iri vugurura kandi, Guverinoma yemeje ko manda y’Abadepite na yo izongerwa kugira ngo ijyane n’igihe gishya cya manda y’Umukuru w’Igihugu.

Nubwo komisiyo yari yasabye ko imyaka y’uwiyamamariza Perezida yagabanywa ikagera kuri 30, Guverinoma yafashe icyemezo cyo kuyigena kuri 35. Ibi bivuze ko abazaba bafite munsi y’iyo myaka batazemererwa guhatanira kuyobora igihugu.

Hanemejwe ko amatora ya Perezida azajya aba mu cyumweru cya mbere cy’Ugushyingo kugira ngo habeho igihe gihagije mbere y’irahira riteganywa ku wa 7 Mutarama.

Biteganyijwe ko indi komisiyo izategura imishinga y’amategeko ashyira mu bikorwa aya mavugurura mbere y’Ukwakira 2026, mu gihe impinduka zijyanye na manda ya Perezida zizabanza kwemezwa na kamarampaka iteganyijwe mu 2027.

ADVERTISEMENT
Previous Post

Uli Hoeneß yavuze ko Real Madrid idashobora kumutwara Michael Olise

Next Post

Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Next Post
Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Joško Gvardiol wa Manchester City yasubije Jurgen Klopp watutse irushanwa rya FIFA Club World Cup

Joško Gvardiol wa Manchester City yasubije Jurgen Klopp watutse irushanwa rya FIFA Club World Cup

July 1, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

June 30, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
AFC/M23 yasabye Loni gusuzuma bundi bushya ibihano byafatiwe abayobozi bayo

AFC/M23 yasabye Loni gusuzuma bundi bushya ibihano byafatiwe abayobozi bayo

July 31, 2026
Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

July 31, 2026
Ghana yemeje ivugurura ry’Itegeko Nshinga: Aho manda ya Perezida ishobora kuba imyaka itanu

Ghana yemeje ivugurura ry’Itegeko Nshinga: Aho manda ya Perezida ishobora kuba imyaka itanu

July 31, 2026
Uli Hoeneß yavuze ko Real Madrid idashobora kumutwara Michael Olise

Uli Hoeneß yavuze ko Real Madrid idashobora kumutwara Michael Olise

July 31, 2026

Recent News

AFC/M23 yasabye Loni gusuzuma bundi bushya ibihano byafatiwe abayobozi bayo

AFC/M23 yasabye Loni gusuzuma bundi bushya ibihano byafatiwe abayobozi bayo

July 31, 2026
Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

July 31, 2026
Ghana yemeje ivugurura ry’Itegeko Nshinga: Aho manda ya Perezida ishobora kuba imyaka itanu

Ghana yemeje ivugurura ry’Itegeko Nshinga: Aho manda ya Perezida ishobora kuba imyaka itanu

July 31, 2026
Uli Hoeneß yavuze ko Real Madrid idashobora kumutwara Michael Olise

Uli Hoeneß yavuze ko Real Madrid idashobora kumutwara Michael Olise

July 31, 2026
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

AFC/M23 yasabye Loni gusuzuma bundi bushya ibihano byafatiwe abayobozi bayo

AFC/M23 yasabye Loni gusuzuma bundi bushya ibihano byafatiwe abayobozi bayo

July 31, 2026
Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

July 31, 2026
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com