Major General Alengbia Nyatetessya Nzambe Dieu Genti, umwe mu basirikare bakuru ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), yapfuye ari muri gereza aho yari afungiye ashinjwa guhunga urugamba ingabo za RDC zihanganyemo nβumutwe wa M23 mu Burasirazuba bwβIgihugu.
Mj. Gen. Alengbia Nyatetessya yahoze ayoboye akarere ka gisirikare ka 34 muri Kivu yβAmajyaruguru. Mu mpera zβukwezi kwa Mutarama 2025.
Ubwo M23 yigaruriraga umujyi wa Goma nβaka karere kose, Alengbia nβingabo yari ayoboye hamwe nβabandi bayobozi bari bafatanyije kuyobora baje guhungira i Bukavu, Kivu yβAmajyepfo, ngo bahakorerere imyiteguro yo gusubira mu rugamba.
Gusa, nyuma yβigihe gito nβi Bukavu higaruriwe nβimitwe ya M23 na Twirwaneho. Nyuma yβaho, Leta ya Congo yahise ifata Alengbia Nyatetessya hamwe nβabandi basirikare bakuru barimo Brig. Gen. Danny Tene Yangba wari umujyanama wa guverineri mu byβumutekano na Brig. Gen. Papy Lupembe wari uyoboye Brigade ya 11.
Muri iryo tsinda hari harimo nβabakomiseri ba polisi barimo Ekuka Lipopo Jean Romuald wahoze ari guverineri wungirije wa Kivu yβAmajyaruguru, ndetse na Mukuna Tumba Eddy LΓ©onard. Bose bashinjwaga guhungira i Bukavu banyuze mu bwato.

Ku wa Gatatu tariki ya 16 Mata 2025, ni bwo hamenyekanye inkuru yβakababaro ko Gen. Alengbia Nyatetessya yapfuye. Nta makuru arambuye yatangajwe ku cyaba cyamuhitanye, ndetse ntibizwi niba yapfiriye muri gereza ya Ndolo aho yari afungiye cyangwa hanze yayo.
Ubwo urubanza rwabo rwatangiraga tariki ya 13 Werurwe 2025, abanyamategeko babunganiraga bari basabye ko bafungurwa byβagateganyo, bavuga ko bafunzwe mu buryo bunyuranyije nβamategeko.
Icyakora tariki ya 20 Werurwe 2025, Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Kinshasa rwafashe umwanzuro wo guhagarika gutangaza amakuru yerekeye uru rubanza mu rwego rwo kwirinda kumena amabanga yβumutekano.















