• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Amakuru

Trump na Iran bongeye kwemeranya agahenge k’iminsi 60

Perezida Donald Trump yari amaze igihe ashyirwaho igitutu gikomeye bitewe n’izamuka rikabije ry’ibiciro bya lisansi.

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
June 15, 2026
in Amakuru, Politike
0
Trump na Iran bongeye kwemeranya agahenge k’iminsi 60
0
SHARES
0
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Perezida Donald Trump yari amaze igihe ashyirwaho igitutu gikomeye bitewe n’izamuka rikabije ry’ibiciro bya lisansi. Iryo zamuka rya lisansi ryatumye n’ibiciro by’ibindi bicuruzwa bizamuka muri rusange muri Amerika, bigera ku rwego rwo hejuru cyane rutari rwigeze rubaho mu myaka itatu ishize.

Ku rundi ruhande, ubukungu bwa Iran bwo bwari bumaze igihe buhanganye n’ingaruka z’ibihano mpuzamahanga byamaze igihe kirekire, kandi bukaba bwarakajijwe cyane n’icyemezo cya Amerika cyo gufunga ibyambu byayo.

Mu magambo make, impande zombi zari zikeneye agahenge no koroherezwa. Icyo ayo masezerano ateganya ni ukongerera igihe cy’agahenge kari kamaze kwemeranywaho ku wa 8 Mata. Ategenya indi minsi 60 nta bitero cyangwa ibikorwa bya gisirikare bizaba, Amerika ikavanaho icyemezo cyo gufunga ibyambu bya Iran, na yo ikongera gufungura umuhora wa Hormuz, mu gihe impande zombi ziyemeza gukomeza ibiganiro.

Nubwo bimeze gutyo, ntiharaboneka inyandiko nyayo y’ayo masezerano. Ibisobanuro byatanzwe n’ubuyobozi bwa Amerika mu mpera z’icyumweru gishize bigaragaza ko aya masezerano adakemura burundu impamvu zatumye Trump afata icyemezo cyo gutera Iran, cyangwa izatumye Iran yihimura mu buryo bukomeye.

Kugira ngo buri ruhande rwerekane ko rwatsinze, Trump ashaka ko Iran ihagarika ku buryo bugenzurwa kandi mu gihe kirekire (nibura imyaka 20) gahunda yayo yo gutunganya uranium.

Ku rundi ruhande, Iran yo irasaba ko ibihano byose biyikurwaho, ikanahabwa amafaranga menshi y’amadolari yavaga mu bucuruzi bwa peteroli yayo yari yarafatiwe kubera ibyo bihano. Ibi bibazo, hamwe n’uburyo byashyirwa mu bikorwa, ni byo byagiye bibera inzitizi zikomeye mu biganiro.

Nubwo aya masezerano ashobora kuba arimo ukwiyemeza gukomeza ibiganiro kuri ibyo bibazo, kugeza ubu nta masezerano afatika aragerwaho kuri byo.

Byongeye kandi, hari n’ibindi bisabwa na Israel hamwe n’aba Républicains bafite ibitekerezo bikaze i Washington. Bo basaba ko amasezerano ya nyuma yagabanya cyangwa agenzura n’intwaro zisanzwe za Iran, ndetse n’inkunga itanga ku mitwe yitwaje intwaro iri mu karere.

Perezida Donald Trump yari amaze igihe ashyirwaho igitutu gikomeye bitewe n’izamuka rikabije ry’ibiciro bya lisansi
ADVERTISEMENT
Previous Post

Victoire Ingabire yasabye urukiko gusubika iburanisha kubera imibereho ye

Next Post

Umunyezamu Vozinha wa Cabo Verde akomeje kwigarurira imitima ya benshi nyuma y’umukino wa Espagne

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Next Post
Umunyezamu Vozinha wa Cabo Verde akomeje kwigarurira imitima ya benshi nyuma y’umukino wa Espagne

Umunyezamu Vozinha wa Cabo Verde akomeje kwigarurira imitima ya benshi nyuma y'umukino wa Espagne

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Joško Gvardiol wa Manchester City yasubije Jurgen Klopp watutse irushanwa rya FIFA Club World Cup

Joško Gvardiol wa Manchester City yasubije Jurgen Klopp watutse irushanwa rya FIFA Club World Cup

July 1, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

June 30, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
Minisitiri w’intebe wa Equatorial Guinea yeguye ku nshingano, nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yari yararahiriye

Minisitiri w’intebe wa Equatorial Guinea yeguye ku nshingano, nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yari yararahiriye

June 17, 2026
Gatsibo: Abaturage bakomeje kwinubira serivisi zitinda mu bitaro bya Ngarama

Gatsibo: Abaturage bakomeje kwinubira serivisi zitinda mu bitaro bya Ngarama

June 17, 2026
Bebe Cool yavuze uko yanyerejwe amafaranga n’uwiyitiriraga Miss Mutesi Jolly

Bebe Cool yavuze uko yanyerejwe amafaranga n’uwiyitiriraga Miss Mutesi Jolly

June 17, 2026
Messi yavuze impamvu yarize nyuma yo gutsinda igitego cye cya mbere

Messi yavuze impamvu yarize nyuma yo gutsinda igitego cye cya mbere

June 17, 2026

Recent News

Minisitiri w’intebe wa Equatorial Guinea yeguye ku nshingano, nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yari yararahiriye

Minisitiri w’intebe wa Equatorial Guinea yeguye ku nshingano, nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yari yararahiriye

June 17, 2026
Gatsibo: Abaturage bakomeje kwinubira serivisi zitinda mu bitaro bya Ngarama

Gatsibo: Abaturage bakomeje kwinubira serivisi zitinda mu bitaro bya Ngarama

June 17, 2026
Bebe Cool yavuze uko yanyerejwe amafaranga n’uwiyitiriraga Miss Mutesi Jolly

Bebe Cool yavuze uko yanyerejwe amafaranga n’uwiyitiriraga Miss Mutesi Jolly

June 17, 2026
Messi yavuze impamvu yarize nyuma yo gutsinda igitego cye cya mbere

Messi yavuze impamvu yarize nyuma yo gutsinda igitego cye cya mbere

June 17, 2026
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

Minisitiri w’intebe wa Equatorial Guinea yeguye ku nshingano, nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yari yararahiriye

Minisitiri w’intebe wa Equatorial Guinea yeguye ku nshingano, nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yari yararahiriye

June 17, 2026
Gatsibo: Abaturage bakomeje kwinubira serivisi zitinda mu bitaro bya Ngarama

Gatsibo: Abaturage bakomeje kwinubira serivisi zitinda mu bitaro bya Ngarama

June 17, 2026
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com