Ahagana saa tatu mu gitondo kuri uyu wa mbere, Victoire Ingabire Umuhoza uregwa uruhare mu byaha birimo umugambi wo guhirika ubutegetsi mu Rwanda yari yagejejwe ku rukiko rukuru urugereko rw’i Kigali i Nyamirambo.
Mu gutegereza, Ingabire yari kumwe n’abanyamategeko be Me Gashabana,Bruce Bikotwa na Felicien Gashema banyuzamo bakaganira. Urubanza rutangiye, Ingabire yasabye ko ataburana uyu munsi. Mu mpamvu yatanze yavuze ko atemererwa guhura n’abareganwa nawe mu rubanza rumwe no kutemererwa kuvugana n’umuryango we. Yavuze kandi ko adahabwa uburenganzira bwo gusenga. Yongeraho ko ibyo bimutera ihungabana mu buryo bw’imitekerereze, mu buryo bw’ukwemera ndetse no ku mubiri. Ibi yasabye urukiko rugomba kubifataho icyemezo.
Muri Kamena umwaka ushize wa 2026, umucamanza yategetse ko Ingabire atabwa muri yombi agakurikiranwa kimwe n’itsinda ry’abandi icyenda bamaze imyaka hafi itanu bafunze bivugwa ko ari abayoboke b’ishyaka rye DALFA – Umurinzi, ritaremerwa n’amategeko.
Byabaye nyuma y’uko Ingabire yari yatumijwe mu rubanza rw’abo bantu nk’umuntu utanga amakuru mu rubanza rwabo. Nyuma y’intambamyi z’amategeko zagaragajwe n’uruhande rwe hamwe n’urubanza ku bijyanye n’ifungwa rye, ubu nibwo agiye kuburana.
Ingabire aregwa ibirego bimwe n’iby’iryo tsinda ririmo n’umunyamakuru Théoneste Nsengimana w’ikinyamakuru Umubavu TV.

Baregwa ibyaha birimo amahugurwa yo guhirika ubutegetsi badakoresheje imirwano, kurema umutwe w’abagizi ba nabi, gukwirakwiza ibihuha bigamije kwangisha abaturage ubutegetsi, no guteza imvururu muri rubanda. Victoire Ingabire yahakanye ibyo byaha avuga ko bimwe muri byo yari yarigeze kubibazwa mu bihe byashize ntihagire inkurikizi ibaho.















