Jim Ratcliffe, umwe mu baherwe bakomeye ku mugabane w’u Burayi ndetse akaba n’umunyamigabane mu ikipe ya Manchester United, aherutse kugirira uruzinduko mu Rwanda hagati ya tariki ya 7 na 11 Mata 2026.
Uru ruzinduko rwe rwabaye mu gihe u Rwanda n’Abanyarwanda bari mu Cyumweru cy’Icyunamo cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igihe igihugu cyose kiba cyivuga amateka akomeye cyanyuzemo.
Amakuru atandukanye agaragaza ko Ratcliffe yasuye ahantu nyaburanga hihariye mu Rwanda, harimo Akagera National Park, imwe mu pariki zikomeye mu gihugu irimo inyamaswa zitandukanye zirimo intare n’inzovu. Yanageze kandi mu Karere ka Musanze aho yasuye Volcanoes National Park, izwi cyane kubera ingagi zo mu misozi miremire zikurura ba mukerarugendo benshi ku Isi.
Uyu mugabo w’imyaka 73 azwi cyane nk’uwashinze kompanyi ya INEOS, imwe mu zikomeye mu gukora ibinyabutabire na pulasitike ku mugabane w’u Burayi. Ubu abarirwa umutungo ungana na miliyari 18.4 z’amadorali, ibintu bituma aza ku mwanya wa mbere mu bakire bo mu Bwami bw’u Bwongereza.
Ku rwego mpuzamahanga, Ratcliffe abarirwa mu bakire bakomeye ku Isi aho aza hafi ku mwanya wa 153, bikerekana imbaraga afite mu rwego rw’ubucuruzi n’ishoramari.
Uruzinduko rwe mu Rwanda rugaragaza uburyo igihugu gikomeje gukurura abashoramari n’abanyamafaranga bakomeye ku Isi, cyane cyane binyuze mu bukerarugendo bushingiye ku bidukikije no ku mutekano uhamye igihugu gifite.
















