Urukiko rwo muri Romania rwahamije umuraperi w’Umunyamerika Wiz Khalifa icyaha cyo gutunga no gukoresha ibiyobyabwenge mu buryo bunyuranyije n’amategeko, rumukatira igifungo cy’amezi icyenda. Iki cyemezo cyatangajwe ku wa 18 Ukuboza 2025, gikurikira iperereza ryari rimaze igihe rikomeje.
Ibyaha aregwa bifitanye isano n’igitaramo yakoreye mu mujyi wa Costinești, mu Ntara ya Constanța, muri Nyakanga 2024, ubwo yari yitabiriye iserukiramuco rya Beach, Please! Festival. Muri icyo gitaramo, Wiz Khalifa yagaragaye anywa urumogi ku rubyiniro mu ruhame, ibintu byafashwe nk’iyica amategeko y’igihugu cya Romania.
Polisi ya Romania yatangaje ko yamufashe nyuma y’icyo gikorwa, ikemeza ko yasanganwe urumogi rungana na garama zirenga 18. Ubushinjacyaha bwongeyeho ko hari ibice by’urumogi byakoreshejwe mu gihe yaririmbaga indirimbo ye izwi cyane “Young, Wild & Free.”
Kugeza ubu, ntiharamenyekana niba ubuyobozi bwa Romania buzasaba Leta Zunze Ubumwe za Amerika kwakira icyifuzo cyo koherezwa (extradition) kwa Wiz Khalifa, bitewe n’uko ari umuturage wa Amerika kandi adafite aho atuye muri Romania. Icyakora, iki cyemezo cy’urukiko gikomeje kuvugisha benshi mu bakurikirana umuziki n’amategeko ku rwego mpuzamahanga.
















