Mu mwaka w’imikino uri kugana ku musozo wa 2025/2026 muri Premier League, haragaragara impinduka ikomeye izagira ingaruka ku makipe akomeye yo mu Bwongereza. Amakuru mashya yemeza ko amakipe 5 ya mbere ku rutonde azahita abona itike yo kwitabira UEFA Champions League ya 2026/2027.
Ibi byabayeho nyuma y’uko Arsenal igaragaje umusaruro mwiza mu marushanwa y’i Burayi, bituma u Bwongereza bubona amahirwe menshi yo kohereza amakipe menshi muri iri rushanwa rikomeye ku mugabane w’u Burayi. Ubusanzwe, amakipe ane ya mbere ni yo yahabwaga ayo mahirwe, ariko ubu byiyongereye biba atanu.
Kugeza ubu, urutonde ruyobowe na Arsenal ikomeje kwitwara neza, igakurikirwa na Manchester City, Manchester United ikaba iya gatatu, Aston Villa ni iya kane na iikipe ya Liverpool iri ku mwanya wa gatanu.
Ibi bivuze ko aya makipe yose uko ari atanu afite amahirwe angana yo kuzitabira Champions League, ibintu byongera ihangana rikomeye hagati y’amakipe ari mu myanya yo hejuru. Ndetse n’andi makipe ari inyuma gato nka Chelsea aracyafite icyizere cyo kuzamuka, bikaba bituma shampiyona irushaho kuryoha.
Ku bakunzi b’umupira w’amaguru, izi mpinduka ni inkuru nziza kuko zizatuma amakipe menshi akomeye yo mu Bwongereza agaragara ku rwego mpuzamahanga. Ariko kandi, ku makipe ubwayo, ni inshingano ikomeye yo gukomeza kwitwara neza kugira ngo agume muri uwo mwanya w’ingenzi.
Mu by’ukuri, ihangana riracyari rikomeye, kandi imikino isigaye izagena byinshi ku makipe azahagararira u Bwongereza i Burayi mu mwaka utaha.















