Leta ya Amerika iri mu myiteguro yo kohereza bamwe mu bimukira bakomoka muri Iran no mu bindi bihugu byo ku mugabane wa Aziya muri Repubulika ya Centrafrique, nk’uko amakuru yatangajwe n’abayobozi bafite aho bahuriye n’iki gikorwa abigaragaza.
Mu bantu biteganyijwe koherezwa harimo abagore babiri bakomoka muri Iran, abunganirwa n’umunyamategeko Emily Trostle. Uyu munyamategeko yavuze ko umwe muri abo bagore ari umukirisitu mu gihe undi azwi nk’impirimbanyi iharanira demokarasi n’uburenganzira bwa muntu. Yagaragaje impungenge ko gusubizwa muri Iran byabashyira mu kaga gakomeye, harimo guhanwa, gufungwa cyangwa gukorerwa iyicarubozo.
Aba bagore bombi bari barafunzwe bakigera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko nyuma urukiko rwemeza ko badakwiye gusubizwa iwabo. Umucamanza wasuzumye dosiye yabo yasanze hari amahirwe arenga 50 ku ijana y’uko bashobora gukorerwa iyicarubozo cyangwa ibindi bikorwa bibangamira uburenganzira bwabo nibasubizwa muri Iran.
Nubwo hari amakuru avuga ko Centrafrique na Amerika biherutse kugirana amasezerano ajyanye no kwakira bamwe mu bimukira, kugeza ubu Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Centrafrique ndetse n’Ibiro bya Perezida ntibiragira icyo bitangaza kuri iyi gahunda.
Amakuru yatangajwe n’ikigo Reuters, ashingiye ku bantu bafite ubumenyi kuri iki gikorwa, avuga ko indege ya mbere ishobora gutwara aba bimukira yari iteganyijwe guhaguruka ku wa 11 Kamena 2026. Biteganyijwe ko izaba itwaye abantu bagera kuri 20, barimo Abanya-Afghanistan, Abanya-Syria ndetse n’abandi bakomoka mu bindi bihugu bitandukanye.
Iki cyemezo gikomeje gutera impaka mu miryango iharanira uburenganzira bwa muntu, yibaza niba ibihugu byakiriye aba bimukira bizashobora kubaha umutekano n’uburenganzira busesuye.















