Misiri yari yabanje kwerekana imbaraga, ibasha gutsinda ibitego bibiri byashyize Argentine mu bihe bikomeye. Icyakora, Argentine ntiyacitse intege kuko yakomeje gusatira ishaka uko yakwishyura.
Mu gice cya kabiri, abakinnyi ba Argentine bongereye umuvuduko, maze batsinda ibitego bitatu birimo ibyabonetse mu minota ya nyuma y’umukino, ibintu byahinduye amateka yawo banahita basezerera Misiri muri iri rushanwa.
Kapiteni Lionel Messi yongeye kwerekana ubuhanga bwe, atsinda igitego kimwe ndetse anatanga umupira wavuyemo ikindi, bituma atorwa nk’umukinnyi w’umukino (Man of the Match) kubera uruhare rukomeye yagize mu ntsinzi y’ikipe ye.
Iyi ntsinzi isobanuye ko Argentine ikomeje urugendo rwo guhatanira igikombe, mu gihe Misiri isezeye mu irushanwa n’ubwo yagaragaje umukino mwiza wahangayikishije cyane Abanya-Argentine.















