Umutwe wa MRDP-Twirwaneho, uvuga ko uharanira uburenganzira bw’Abanyamulenge, watangaje ko ku bufatanye n’ihuriro AFC/M23 wafashe agace ka Mulima kari muri Teritwari ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Epfo, nyuma y’imirwano waburanyemo n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’imitwe iyishyigikiye.
Nk’uko amakuru atangazwa n’uruhande rwa MRDP-Twirwaneho abivuga, aka gace kafashwe ku Cyumweru, tariki ya 5 Nyakanga 2026, nyuma y’ibitero byayobowe na Gen. Charles Sematama ku bufatanye n’abarwanyi ba AFC/M23. Uyu mutwe uvuga ko mbere yo kugera i Mulima, wari wabanje gufata agace ka Point Zero, hanyuma ugakomereza ibikorwa bya gisirikare muri uwo murongo.
Bamwe mu baturage batuye muri ako gace bavuga ko Mulima ari ahantu hafite akamaro mu migendekere y’ibikorwa bya gisirikare ndetse no mu bwikorezi, bityo kuba hafashwe bishobora kugira ingaruka ku rugamba rukomeje muri Fizi.
Amakuru aturuka muri MRDP-Twirwaneho avuga kandi ko aka gace kari kahungiyemo bamwe mu basirikare ba FARDC n’abarwanyi b’imitwe iyifatanya na yo nyuma y’imirwano yabereye mu bice birimo Point Zero, Minembwe na Mikenke.
Nubwo uyu mutwe uvuga ko wabashije kwigarurira Mulima, amakuru atangwa na wo agaragaza ko habanje kuba imirwano ikomeye mbere y’uko uruhande bahanganye rusubira inyuma.
Mu itangazo wasohoye kuri uyu wa Mbere, tariki ya 6 Nyakanga 2026, MRDP-Twirwaneho yavuze ko izakomeza ibikorwa bya gisirikare ivuga ko bigamije kurinda umutekano w’Abanyamulenge no guhangana n’imitwe ishinja guhungabanya umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ku ruhande rwa Leta ya RDC, nta tangazo ryari ryasohowe icyo gihe ryemeza cyangwa rihakana ibyatangajwe na MRDP-Twirwaneho ku ifatwa ry’aka gace.
















