Umunyamakuru wa Wasafi FM akaba nโinshuti ya Diamond Platnumz, Babalevo, yatangaje ko Diamond yemereye Mbosso kuba yava muri Wasafi Records igihe cyose ashakiye, nta nyishyu asabwe gutanga. Ibi ni ibintu bitamenyerewe mu muzika wa Tanzania, aho abahanzi bakunze gukorana amasezerano bafatwa nkโabanyamigabane muri label baba babarizwamo, bikabasaba kwishyura amafaranga runaka kugira ngo babashe kwigenga.
Babalevo yavuze ko icyatumye Diamond afata iki cyemezo ari imyitwarire myiza ya Mbosso, wamaze igihe kinini yubaha ubuyobozi bwa WCB (Wasafi Classic Baby) ndetse akanagaragaza ubudahemuka kuri Diamond nโabandi bayobozi bโiyi label.
Mbosso yari amaze imyaka igera kuri itandatu muri Wasafi Records, aho yakoranye indirimbo zakunzwe nka Hodari, Baikoko, Tamu, nโizindi nyinshi zatumye amenyekana mu Karere ka Afurika yโIburasirazuba.
Kuva Mbosso yakwinjira muri Wasafi mu 2018, yagize amahirwe yo gukorana nโabahanzi bakomeye nka Diamond Platnumz, Rayvanny, Lava Lava, na Zuchu.
Ibi byamufashije gutera imbere mu muziki, bigaragarira mu ndirimbo ze zagiye zikundwa cyane ku mbuga nkoranyambaga no kuri YouTube, aho afite amashusho yโindirimbo amaze gushyira hanze afite abarenga miliyoni 100 zโabayazirebye.
Iyi nkuru yo gusezera muri Wasafi nta nyishyu yishimiwe na benshi mu bakunzi ba Mbosso, ndetse bamwe babifashe nkโicyemezo cyiza kigaragaza ukuntu Diamond Platnumz ashyira imbere iterambere ryโabahanzi bakorana.
Ubusanzwe, abahanzi basinye amasezerano mu ma label akomeye baba bagomba gukurikiza amategeko akakaye, aho biba bigoye kugenda nta ngorane. Kuba Mbosso yemerewe kuva muri Wasafi nta kiguzi, byagaragaye nkโurugero rwiza rwo gushyigikira impano mu muziki wa Afurika yโIburasirazuba.
Kugeza ubu, nta makuru arambuye Mbosso yatangaje ku bijyanye nโahazaza he mu muziki, cyangwa niba agiye kwishingira label ye bwite. Ariko birashoboka ko ashobora gukomeza umwuga we nkโumuhanzi wigenga cyangwa agasinyira indi label nshya.


















