Badrama yongeye guteza impaka ku mbuga nkoranyambaga, nyuma yo gutangaza amagambo benshi bafashe nk’apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ibyo yavuze byatumye abakoresha imbuga nkoranyambaga batangira kumunenga bikomeye, bamusaba kwisubiraho no gusaba imbabazi.
Mu butumwa bwe, Badrama yagaragaje gushidikanya ku mateka ya Jenoside ndetse anibaza impamvu hari bamwe mu bakekwaho uruhare muri bo batavugwa. Aya magambo ye ntiyakiriwe neza n’abatari bake, cyane cyane muri ibi bihe byo kwibuka Jenoside, aho Abanyarwanda baba bibanda ku kuzirikana amateka no guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umu-blogger Jay Squeezer nawe ntiyihanganiye ayo magambo, ahita amugira inama yo gusaba imbabazi, amwibutsa ko ibyo yavuze bishobora gukomeretsa benshi no gutesha agaciro ukuri ku mateka y’u Rwanda. Jay Squeezer yagize ati: “Ukeneye kwisubiraho ugasaba imbabazi kuko ibyo uri kuvuga si byo kandi birababaza, bitabaye ibyo njye nawe tuzabonana imbonankubo.”
Nubwo yagiriwe inama, Badrama yakomeje gutsimbarara ku byo yavuze, ibintu byatumye umwuka urushaho gukara hagati ye n’abanyarwanda muri rusange.
Ibi bibaye mu gihe u Rwanda rushyize imbere kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no guharanira ko amateka yayo yigishwa ukuri kose. Abasesenguzi bavuga ko amagambo nk’aya ashobora guteza urujijo no gusubiza inyuma mu ntambwe igihugu cyateye mu bumwe n’ubwiyunge.
Hari abibaza niba Badrama azafata icyemezo cyo gusaba imbabazi cyangwa niba azakomeza gutsimbarara ku byo yavuze, doreko amaze n’iminsi atari kuvuga u Rwanda neza.

















