• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Amakuru

Rumenge yasabye Tshisekedi guhagarika ibitero no kurengera ubuzima bw’Abanyamulenge

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
November 20, 2025
in Amakuru, Politike
0
Rumenge yasabye Tshisekedi guhagarika ibitero no kurengera ubuzima bw’Abanyamulenge
0
SHARES
26
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Olivier Rumenge Rugeyo, umwe mu bigeze kwiyamamariza kuba umudepite mu Karere ka Fizi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Leta ya Perezida Félix Tshisekedi guhagarika ibitero bikomeje kwibasira abaturage bo mu Minembwe, cyane cyane Abasivile b’Abanyamulenge.

Rumenge yavuze mu ijwi ryuje ubwoba n’impungenge ko Minembwe atari ikibuga cy’intambara, ahubwo ari ahatuye abaturage b’abasivile bakeneye kubaho mu mahoro. Yibukije ubuyobozi bukuru bw’igihugu ko inshingano ya mbere ari ugutabara abaturage no kubarinda ibikorwa byose bibangamira ubuzima bwabo.

Yagize ati:
“Ibitero bikomeje kwibasira abasivile b’Abanyamulenge. Twihanije Leta ya Tshisekedi ko niba ishaka amahoro nyayo, ikwiye kureka Abanyamulenge bagatura mu bwisanzure n’umutekano.”

Ibi birego n’impuruza biza mu gihe ibice byinshi byo mu Burasirazuba bwa Congo byakomeje kuba indiri y’imirwano, cyane cyane Minembwe. Aha habarizwamo ingabo za Leta (FARDC), iz’u Burundi, ndetse n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR na Wazalendo, byose bikomeje ibikorwa by’urugomo umunsi ku wundi.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, abaturage bo mu gace ka Bijombo ku Ndondo batangaje ko ingabo z’u Burundi zifatanyije na FARDC zabambuye ibintu bitandukanye ubwo bavaga ku isoko, birimo ibirato, imyenda, telefone ndetse n’amatungo.

Mu kandi gace ka Rwitsankuku, abaturage bahamya ko drone bivugwa ko zaturutse i Bujumbura zateye ibisasu mu baturage, bikomeretsa abari mu ngo zabo ndetse byangiza n’amazu menshi.

Abaturage bo muri ibyo bice bakomeje gutakambira inzego za Leta n’imiryango mpuzamahanga, basaba ubuvugizi bwihutirwa kugira ngo babone amahoro, ibiribwa, imiti, n’ubwisanzure bwo kujya guhaha mu masoko nta gutinya kugabwaho ibitero.

Rumenge yasabye Tshisekedi guhagarika ibitero no kurengera ubuzima bw’Abanyamulenge

ADVERTISEMENT
Previous Post

Fernandinho yasezeye gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga

Next Post

Lugushwa: Abaturage bamaganye umutwe wa Wazalendo, basaba ubutabera n’umutekano

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Next Post
Lugushwa: Abaturage bamaganye umutwe wa Wazalendo, basaba ubutabera n’umutekano

Lugushwa: Abaturage bamaganye umutwe wa Wazalendo, basaba ubutabera n’umutekano

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Joško Gvardiol wa Manchester City yasubije Jurgen Klopp watutse irushanwa rya FIFA Club World Cup

Joško Gvardiol wa Manchester City yasubije Jurgen Klopp watutse irushanwa rya FIFA Club World Cup

July 1, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

June 30, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
AFC/M23 yasabye Loni gusuzuma bundi bushya ibihano byafatiwe abayobozi bayo

AFC/M23 yasabye Loni gusuzuma bundi bushya ibihano byafatiwe abayobozi bayo

July 31, 2026
Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

July 31, 2026
Ghana yemeje ivugurura ry’Itegeko Nshinga: Aho manda ya Perezida ishobora kuba imyaka itanu

Ghana yemeje ivugurura ry’Itegeko Nshinga: Aho manda ya Perezida ishobora kuba imyaka itanu

July 31, 2026
Uli Hoeneß yavuze ko Real Madrid idashobora kumutwara Michael Olise

Uli Hoeneß yavuze ko Real Madrid idashobora kumutwara Michael Olise

July 31, 2026

Recent News

AFC/M23 yasabye Loni gusuzuma bundi bushya ibihano byafatiwe abayobozi bayo

AFC/M23 yasabye Loni gusuzuma bundi bushya ibihano byafatiwe abayobozi bayo

July 31, 2026
Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

July 31, 2026
Ghana yemeje ivugurura ry’Itegeko Nshinga: Aho manda ya Perezida ishobora kuba imyaka itanu

Ghana yemeje ivugurura ry’Itegeko Nshinga: Aho manda ya Perezida ishobora kuba imyaka itanu

July 31, 2026
Uli Hoeneß yavuze ko Real Madrid idashobora kumutwara Michael Olise

Uli Hoeneß yavuze ko Real Madrid idashobora kumutwara Michael Olise

July 31, 2026
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

AFC/M23 yasabye Loni gusuzuma bundi bushya ibihano byafatiwe abayobozi bayo

AFC/M23 yasabye Loni gusuzuma bundi bushya ibihano byafatiwe abayobozi bayo

July 31, 2026
Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

July 31, 2026
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com