Mu mateka y’Isi habayeho abantu benshi babayeho mu buryo budasanzwe, ariko bake ni bo bateye amatsiko nka Amou Haji, Umunya-Iran wamamaye kubera kuba yaramaze imyaka irenga 60 atiyuhagira. Yapfuye ku wa 23 Ukwakira 2022 afite imyaka 94, asize amateka yakomeje kuvugwa n’ibitangazamakuru mpuzamahanga.
Amou Haji yavukiye mu gace ka Dezh Gah mu ntara ya Fars, aho bivugwa ko akiri muto yahuye n’ihungabana rikomeye ryatumye yitandukanya n’abaturage ahitamo kubaho wenyine. Yabaga mu mwobo cyangwa mu kazu gato yubakiwe n’abaturage, yambara imyenda ishaje kandi akirinda gukoresha amazi cyangwa isabune kuko yizeraga ko byamurwaza.
Uretse kutiyuhagira, Haji yari afite imibereho itangaje. Yakundaga kurya inyama z’inyamaswa zapfuye, kunywera amazi mu gikoresho gishaje ndetse rimwe na rimwe agasangira itabi mu buryo budasanzwe. Nubwo ibyo byose byatangazaga benshi, yabayeho imyaka myinshi adafite uburwayi bukomeye.
Mu 2014, abaganga bo muri Iran baramupimye basanga afite parasite ya trichinosis, ariko nta ndwara zikomeye nka VIH cyangwa hepatite bamubonanye. Bavuze ko umubiri we ushobora kuba wari waramenyereye imibereho ye, ariko bashimangira ko ibyo atari urugero rwiza rwo gukurikizwa.
Mu minsi ya nyuma y’ubuzima bwe, yemeye koga bwa mbere nyuma y’imyaka isaga 60. Nyuma y’igihe gito yaje kwitaba Imana, bituma bamwe bavuga ko kwiyuhagira ari byo byamwishe. Icyakora, nta gihamya cya science cyangwa abaganga yigeze bemeza ayo makuru, kuko ubusaza ari bwo bufatwa nk’impamvu ishoboka y’urupfu rwe.
Amateka ya Amou Haji akomeza kwibutsa isi ko hari abantu bahitamo kubaho mu buryo butandukanye n’ubwo benshi bamenyereye, ariko ibyo ntibisobanuye ko iyo mibereho ari yo yatuma ugira ubuzima bwiza cyangwa gutuma umuntu aramba.

















