Nyuma yo gusezererwa na Norvège muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi cya 2026, Ikipe y’Igihugu ya Brésil yagarutse mu gihugu mu buryo butangaje, kuko indege yari yateguwe ngo itware abakinnyi bose yasubiyemo umukinnyi umwe rukumbi, ari we myugariro Danilo.
Amakuru aturuka mu bitangazamakuru bitandukanye avuga ko Danilo ari we wenyine wahisemo gukoresha indege yateguwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Brazil (CBF), mu gihe bagenzi be bose bahise bafata inzira ziberekeza mu biruhuko, cyane cyane abakinira amakipe yo ku Mugabane w’u Burayi.
Abandi bakinnyi bahisemo kujya kuruhukira ahantu hatandukanye mbere yo gusubira mu makipe yabo kwitegura umwaka mushya w’imikino. Ku rundi ruhande, abakinnyi bakina muri shampiyona ya Brésil bo biteganyijwe ko bazahabwa ikiruhuko gito mbere yo gusubira mu marushanwa y’imbere mu gihugu.
Muri iyo ndege kandi hari harimo bamwe mu bagize abatoza, abaganga, abashinzwe umutekano ndetse n’abandi bakozi b’intumwa za Brazil zari kumwe n’ikipe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Umutoza Carlo Ancelotti we ntiyagarutse muri Brazil ako kanya, kuko yahisemo kubanza gufata ikiruhuko mbere yo gutangira gutegura imikino mpuzamahanga iteganyijwe muri Nzeri.
Gusezererwa kwa Brazil na Norvège byateje impaka nyinshi mu bafana b’iyi kipe y’ibikombe bitanu by’Isi, ndetse bamwe batangiye gusaba impinduka zikomeye kugira ngo iyi kipe yongere gusubira ku rwego rwo guhatanira ibikombe bikomeye.
















