Abaturage batuye mu Mudugudu wa Kamazuru, Akagari ka Gahogo mu Murenge wa Nyamabuye, Akarere ka Muhanga, baravuga ko bahangayikishijwe nβikwirakwira ryβinzoga zitemewe ziri gutuma abazinyoye bagira ibibazo byβubuzima, birimo kubyimba ibirenge nβizindi ngaruka zidasanzwe.
Aba baturage bavuga ko izi nzoga zikunze gukorerwa mu buryo bwihishe kandi zigacuruzwa mu bice bitandukanye byβako gace, bigatuma ubuzima bwβabazinywa bujya mu kaga. Basaba inzego zibishinzwe gukaza ingamba zo kurwanya abakora ibi binyobwa, kuko bikomeje guteza impungenge mu muryango nyarwanda.
Umuvugizi wa Polisi yβu Rwanda mu Ntara yβAmajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yemeje ko Polisi yamaze gufata abantu batatu bakekwaho kugira uruhare mu gukora no gucuruza inzoga zitujuje ubuziranenge.
Yagize ati: βAbo bantu bafatanwe litiro zirenga 650 zβinzoga yitwa igikwangari, ikekwa kuba itujuje ibisabwa. Kuri ubu bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane neza uko ibyo bikorwa byakorwaga nβaho byagezaga ingaruka.β
Polisi yβu Rwanda yakomeje gushimira abaturage bagaragaza ubufatanye mu gutanga amakuru ku gihe, ikabasaba gukomeza uwo muco mwiza wo gufasha mu gukumira ibyaha no kurinda ubuzima bwabo nβubwβabandi.
Abaturage na bo basabwa kwirinda kunywa ibinyobwa bitemewe cyangwa bitazwi inkomoko yabyo, kuko bishobora guteza ingaruka zikomeye ku buzima, zirimo nβindwara zidakira cyangwa urupfu.

Β
















