Umuhanzikazi wβindirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yatangije amarushanwa agamije gushakisha no kuzamura impano zβabahanzi bakizamuka bafite ubushake bwo gukora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana ‘Gospel’.
Aya marushanwa yatangajwe mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki ya 28 Mata 2026, abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, aho yasobanuye ko yifuza gukomeza gushyigikira urubyiruko rufite impano mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.
Aline yavuze ko nyuma yβibikorwa bitandukanye amaze igihe akora birimo ibiganiro nka βMvura nkuvureβ, βBblessed Showβ, βTalk with Dr Algaβ na βPurple Connectβ, yumvise ari ngombwa kongeramo indi gahunda ifasha abanyempano bafite inzozi zo kwinjira mu muziki babifashijwemo nβababafiteho ubunararibonye.
Yatangaje ko umuntu uzahiga abandi muri ayo marushanwa azahabwa amahirwe yo gukorerwa indirimbo ye mu buryo bwβamajwi (audio) ndetse nβamashusho (video), akanahabwa ubufasha mu kuyimenyekanisha kugira ngo igere kure.
Iri rushanwa ryahereye kuri album nshya ya Aline Gahongayire yise βYesu Ashimweβ, aho yasabye abafite impano bose gufata indirimbo yitiriye iyo album bakayiririmba mu buryo bwabo, bagashyiramo ubuhanga bwabo nβamajwi yabo bwite, hanyuma bagakora βchallengeβ ishobora kubinjiriza amahirwe yo gutsinda.
Ni igikorwa cyitezweho gufasha benshi bafite impano ariko badafite ubushobozi bwo kwinjira muri studio cyangwa gukora amashusho yβindirimbo zabo, bityo bakabona urubuga rwo kwigaragaza no gutangira urugendo rwabo rwa muzika.
















