Abakunzi b’ibyo kurya biryoshye n’ahantu heza ho kuruhukira bafite impamvu yo kwishimira buri wa Kabiri, nyuma y’uko Ti’Amo Bistro & Café itangaje poromosiyo idasanzwe ku bakunda Burger. Iyi promosiyo ya Burger ivuga ko “iyo uguze Burger imwe uhabwa indi imwe ku buntu” ibyo byose bikagurwa ku mafaranga 8,000 Frw gusa.
Ni amahirwe akomeye ku bantu bakunda gusangira n’inshuti zabo, abakundana cyangwa se abifuza kwinezeza nyuma y’akazi. Ubu buryo bwashyizweho bugamije gutuma buri wa Kabiri uba umunsi wihariye wo gusohoka no gusangira n’inshuti ndetse n’abavandimwe ahantu hafite umwuka mwiza ndetse n’uburyohe budasanzwe.
Ti’Amo Lounge Bistro & Café iherereye i Remera imbere ya Gare impande ya Station Oryx. Dore ko ari ahantu hamaze kumenyekana cyane kubera serivisi zinoze ziharangwa, ibiryo byujuje ubuziranenge ndetse n’ikirere cyiza gishimisha abayigana.
Ubuyobozi bwa Ti’Amo buvuga ko iyi promosiyo yashyizweho mu rwego rwo guha abakiliya babo ibyishimo no kubashimira uburyo bakomeje kubagana umunsi ku munsi. Banasaba abantu kugerayo kare kugira ngo badacikanwa n’aya mahirwe adasanzwe.
Niba ushaka guhindura umunsi wawe wo ku wa Kabiri ugahinduka umunsi w’umunezero no kuryoherwa n’ibihe bidasanzwe, Ti’Amo Lounge Bistro & Café niho hantu heza hagufasha ibyo byose. Burger ebyiri zashizwe ku giciro cy’imwe cy’ibihumbi umunani by’amafaranga y’u Rwanda ( 8,000 FRW ) ni amahirwe atagomba gucikwa na buri umwe.


















