• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Karabaye

Amasasu yavuze i Manhattan! umugabo yishe batanu barimo umupolisi amasaha yomurucyerera

Shane Tamura yakoze igitero giteye ubwoba mu Mujyi wa New York akoresheje imbunda ya M4, yica abantu batanu, akomeretsa benshi, nyuma ariyahura—impamvu ntiziramenyekana.

JaySqueezer by JaySqueezer
July 29, 2025
in Karabaye
0
Amasasu yavuze i Manhattan! umugabo yishe batanu barimo umupolisi amasaha yomurucyerera
0
SHARES
8
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT
Mu gace ka Manhattan, Shane Tamura yakoze igitero gitunguranye mu rukerera akoresheje imbunda ya M4, yica abantu batanu, abandi barakomereka—impamvu y’ubwicanyi ikiri urujijo.

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri, tariki 29 Nyakanga 2025, mu Mujyi wa New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, haravugwa igikorwa cy’ubugizi bwa nabi cyahitanye ubuzima bw’abantu batanu, barimo n’umupolisi utari uri mu kazi, abandi benshi barakomereka.

Iki gitero cyabereye mu gace ka Manhattan, ahari inyubako ikoreramo abantu batandukanye, ubwo umuntu witwaje imbunda yo mu bwoko bwa M4 yateye aho hantu, atangira kurasa abantu ku buryo butunguranye.

Amakuru dukesha televiziyo mpuzamahanga France 24, avuga ko uwakoze icyo gitero ari Shane Tamura, waje kwiyahura nyuma yo gukora ubwo bwicanyi bw’indengakamere. Tamura yahise yirasa akoresheje iyo mbunda ye, ahita apfa ako kanya.

Meya w’Umujyi wa New York, Eric Adams

Meya w’Umujyi wa New York, Eric Adams, yahise agira icyo atangaza ku byabaye, yemeza ko uretse abishwe, hari n’abandi bantu benshi bakomeretse bikomeye, bajyanwa kwa muganga.

Mu bishwe harimo umupolisi wari uri mu biruhuko, bivugwa ko atari mu kazi ubwo yicwaga, kimwe n’abandi bantu bane bari muri iyo nyubako.

Kugeza ubu, inzego z’umutekano ziri gukurikirana icyo gikorwa cy’ubugizi bwa nabi, ariko impamvu zaba zarateye Shane Tamura gukora icyo gitero ntiziramenyekana.

Ibi bibaye mu gihe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikibazo cy’ubwicanyi bukorwa hifashishijwe imbunda gikomeje gufata indi ntera. Guhera mu kwezi kwa Mutarama kugeza muri Kamena 2025, muri icyo gihugu hamaze kugaragara ibikorwa 205 by’ubugizi bwa nabi hifashishijwe imbunda, byahitanye abantu 198 naho abarenga 880 bagakomereka.

Inzego z’umutekano n’ubuyobozi bwa Leta ya New York bakomeje gukora iperereza kuri iki kibazo, mu gihe abaturage basabwa gukomeza kuba maso no gutanga amakuru ku gihe mu gihe babonye ibimenyetso by’ibikorwa nk’ibi.

ADVERTISEMENT
Previous Post

“Nyamabara” ya Okkama: EP imugaragaza uko atigeze amenyekana mbere.

Next Post

Amateka y’intambara zibera muri Republika Iharanira Demokrasi ya Kongo

JaySqueezer

JaySqueezer

Next Post
Amateka y’intambara zibera muri Republika Iharanira Demokrasi ya Kongo

Amateka y'intambara zibera muri Republika Iharanira Demokrasi ya Kongo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Joško Gvardiol wa Manchester City yasubije Jurgen Klopp watutse irushanwa rya FIFA Club World Cup

Joško Gvardiol wa Manchester City yasubije Jurgen Klopp watutse irushanwa rya FIFA Club World Cup

July 1, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

June 30, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
Ubushinjacyaha bwajuriye ifungurwa rya DJ Toxxyk

Ubushinjacyaha bwajuriye ifungurwa rya DJ Toxxyk

May 13, 2026
Yamal yaciye ibintu! Imyenda yari yambaye yabarirwaga asaga miliyoni 122 Frw

Yamal yaciye ibintu! Imyenda yari yambaye yabarirwaga asaga miliyoni 122 Frw

May 13, 2026
Endrick Felipe Moreira de Sousa agiye kugaruka muri Real Madrid

Endrick Felipe Moreira de Sousa agiye kugaruka muri Real Madrid

May 13, 2026
Paul Kagame yitabiriye “Africa Forward Summit” i Nairobi muri Kenya

Paul Kagame yitabiriye “Africa Forward Summit” i Nairobi muri Kenya

May 12, 2026

Recent News

Ubushinjacyaha bwajuriye ifungurwa rya DJ Toxxyk

Ubushinjacyaha bwajuriye ifungurwa rya DJ Toxxyk

May 13, 2026
Yamal yaciye ibintu! Imyenda yari yambaye yabarirwaga asaga miliyoni 122 Frw

Yamal yaciye ibintu! Imyenda yari yambaye yabarirwaga asaga miliyoni 122 Frw

May 13, 2026
Endrick Felipe Moreira de Sousa agiye kugaruka muri Real Madrid

Endrick Felipe Moreira de Sousa agiye kugaruka muri Real Madrid

May 13, 2026
Paul Kagame yitabiriye “Africa Forward Summit” i Nairobi muri Kenya

Paul Kagame yitabiriye “Africa Forward Summit” i Nairobi muri Kenya

May 12, 2026
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

Ubushinjacyaha bwajuriye ifungurwa rya DJ Toxxyk

Ubushinjacyaha bwajuriye ifungurwa rya DJ Toxxyk

May 13, 2026
Yamal yaciye ibintu! Imyenda yari yambaye yabarirwaga asaga miliyoni 122 Frw

Yamal yaciye ibintu! Imyenda yari yambaye yabarirwaga asaga miliyoni 122 Frw

May 13, 2026
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com