• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Amakuru

HRW yongeye kunengwa n’u Rwanda ku birego ishinja RDF na M23

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
May 15, 2026
in Amakuru, Politike
0
HRW yongeye kunengwa n’u Rwanda ku birego ishinja RDF na M23
0
SHARES
0
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu wa Human Rights Watch ukunze gukoresha u Rwanda nk’insanganyamatsiko ya raporo zawo kugira ngo ibikorwa byawo bigaragare.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X ku wa 14 Gicurasi 2026, Makolo yavuze ko “HRW ifite uburyo ikora kandi u Rwanda ruhora ari igipimo cyayo kigaragaza ko yakoze neza.”

Aya magambo yayavuze nyuma y’aho HRW isohoreye raporo ivuga ko ingabo z’u Rwanda hamwe n’abarwanyi ba M23 bakekwaho kugira uruhare mu bwicanyi, gushimuta abaturage no gufata ku ngufu abagore mu Mujyi wa Uvira, hagati ya Ukuboza 2025 na Mutarama 2026.

Leta y’u Rwanda yakomeje guhakana ko ifite ingabo mu Burasirazuba bwa RDC, igasobanura ko icyakozwe ari ugukaza umutekano ku mupaka kugira ngo ibibazo by’umutekano muke byo muri icyo gihugu bitagira ingaruka ku Rwanda.

U Rwanda rugaragaza ko umutwe wa FDLR ukorera hafi y’umupaka warwo kandi ufite umugambi wo guhungabanya umutekano warwo, ari yo mpamvu hashyizweho ingamba z’ubwirinzi zikomeye.

Mu ntangiriro za 2025, ubwo imirwano yahuzaga M23 n’ihuriro ry’ingabo zirimo FDLR yabaga hafi ya Goma, hari ibisasu byarashwe bikagwa mu Mujyi wa Rubavu, gusa byinshi byabashije gukumirwa n’ingabo z’u Rwanda.

Ku ruhande rwa HRW, yavuze ko yakoze iperereza muri Werurwe 2026, ikaganira n’abaturage, abasirikare ndetse n’abayobozi bo muri RDC no mu Burundi. Icyakora, u Rwanda ruvuga ko ayo makuru ashobora kuba atizewe kuko bamwe mu bayatanze bari mu mpande zihanganye na M23.

HRW kandi yasabye ko hakorwa iperereza ryigenga ku byaha bivugwa ko byabaye mu 2025, ibintu bamwe bafata nk’ikimenyetso cy’uko n’iyo raporo ubwayo itaratanga ukuri kwuzuye.

Si ubwa mbere HRW inenzwe n’u Rwanda. Mu 2017, uyu muryango wasohoye raporo yavugaga ko abantu 43 bo mu Burengerazuba bw’u Rwanda bishwe bazira gukekwaho ubujura. Nyuma, Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yakoze iperereza isanga bamwe mu bavuzwe nk’abishwe bari bakiri bazima, abandi barapfuye mu buryo busanzwe.

Ibyo byatumye u Rwanda rushinja HRW gukoresha amakuru adafitiwe gihamya no kutemera gukosora raporo zayo iyo hagaragaye amakosa.

HRW yongeye kunengwa n’u Rwanda ku birego ishinja RDF na M23

ADVERTISEMENT
Previous Post

Chelsea yagiranye amasezerano na Jay-Z agamije kwamamaza iyi kipe muri Amerika

Next Post

Nduhungirehe yanyomoje RDC ku ruhare rwa Tshisekedi muri Africa Forward Summit

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Next Post

Nduhungirehe yanyomoje RDC ku ruhare rwa Tshisekedi muri Africa Forward Summit

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Joško Gvardiol wa Manchester City yasubije Jurgen Klopp watutse irushanwa rya FIFA Club World Cup

Joško Gvardiol wa Manchester City yasubije Jurgen Klopp watutse irushanwa rya FIFA Club World Cup

July 1, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

June 30, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
Amerika iteganya kohereza abimukira ba Iran muri Centrafrique

Amerika iteganya kohereza abimukira ba Iran muri Centrafrique

June 12, 2026
Uwahoze akina Filime yashinje Diddy kumusambanya amwizeza akazi muri Hollywood

Uwahoze akina Filime yashinje Diddy kumusambanya amwizeza akazi muri Hollywood

June 12, 2026
Raúl Jiménez yaturitse ararira, nyuma yo gutsinda igitego cye cya mbere mu gikombe cy’Isi, acyegurira Se witabye Imana

Raúl Jiménez yaturitse ararira, nyuma yo gutsinda igitego cye cya mbere mu gikombe cy’Isi, acyegurira Se witabye Imana

June 12, 2026
Urukiko rwanzuye ko kwita Ingabire Nelly ‘igikuri’ bishobora kuba ivangura

Urukiko rwanzuye ko kwita Ingabire Nelly ‘igikuri’ bishobora kuba ivangura

June 12, 2026

Recent News

Amerika iteganya kohereza abimukira ba Iran muri Centrafrique

Amerika iteganya kohereza abimukira ba Iran muri Centrafrique

June 12, 2026
Uwahoze akina Filime yashinje Diddy kumusambanya amwizeza akazi muri Hollywood

Uwahoze akina Filime yashinje Diddy kumusambanya amwizeza akazi muri Hollywood

June 12, 2026
Raúl Jiménez yaturitse ararira, nyuma yo gutsinda igitego cye cya mbere mu gikombe cy’Isi, acyegurira Se witabye Imana

Raúl Jiménez yaturitse ararira, nyuma yo gutsinda igitego cye cya mbere mu gikombe cy’Isi, acyegurira Se witabye Imana

June 12, 2026
Urukiko rwanzuye ko kwita Ingabire Nelly ‘igikuri’ bishobora kuba ivangura

Urukiko rwanzuye ko kwita Ingabire Nelly ‘igikuri’ bishobora kuba ivangura

June 12, 2026
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

Amerika iteganya kohereza abimukira ba Iran muri Centrafrique

Amerika iteganya kohereza abimukira ba Iran muri Centrafrique

June 12, 2026
Uwahoze akina Filime yashinje Diddy kumusambanya amwizeza akazi muri Hollywood

Uwahoze akina Filime yashinje Diddy kumusambanya amwizeza akazi muri Hollywood

June 12, 2026
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com