Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bizakomeza kuzamuka mu gihe kiri imbere, bitewe n’ingaruka z’intambara iri mu Burasirazuba bwo hagati, cyane cyane aho Iran yafunze inzira ya Hormuz inyuzwamo igice kinini cy’ibicuruzwa bya peteroli ku Isi.
Ibi byagarutsweho n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb. Jean de Dieu Uwihanganye, mu kiganiro yagiranye na TV1 kuri uyu wa 23 Mata 2026. Yagaragaje ko Abaturarwanda bakwiye kwitwara nk’abari mu bihe bidasanzwe, bagabanya ikoreshwa rya peteroli kugira ngo igihugu kibashe guhangana n’izamuka ry’ibiciro.
Yavuze ko nubwo ibiciro byamaze kuzamuka, ingano y’ibikomoka kuri peteroli ikoreshwa mu gihugu itaragabanuka, ashimangira ko hakenewe impinduka mu myitwarire y’abaturage. Yasabye abantu gukoresha ingendo bateguwe gusa, gukoresha imodoka rusange cyangwa kugendana n’abandi mu modoka imwe.
Kuri ubu, litiro ya lisansi iri kugura 2938 Frw, mu gihe iya mazutu iri kuri 2205 Frw, ariko ngo ibi bishobora kurushaho kuzamuka bitewe n’uko ibiciro ku isoko mpuzamahanga bikomeje gutumbagira.
Uwihanganye yagaragaje ko n’iyo intambara yahagarara, bizatwara igihe kugira ngo ibiciro bisubire ku murongo, kuko ibitumizwa mu mahanga bifata igihe kirekire ngo bigere mu gihugu.
Yasoje ashimangira ko nubwo ibiciro bizamuka, igihugu gifite ububiko buhagije bwa peteroli, bityo nta kibazo cy’ibura ryayo gitegerejwe mu gihe cya vuba.
















